Posts

Showing posts from March, 2020

INTAMBARA Y’URUKUNDO

INTAMBARA Y’URUKUNDO 1. Jya wubaha buri wese_ Kristu yigaragariza muri bose. Jya ubakunda kuko ni abavandimwe bawe. 2. Jya utekereza ibyiza biva ku bantu, ntugatekereze ububi bwabo. Jya ushaka icyiza n’ubwo haba mu ngorane. 3. Buri gihe jya uvuga abandi neza, ntukavume mugenzi wawe. Vura igikomere cyatewe n’amagambo mabi wavuze ku bandi. Ntugakurure amakimbirane. 4. Jya uvugisha abandi mu rurimi rw’urukundo, ntugasakuze, ntukarahire, ntugatera abandi kurira, jya ubarema umutima. Bereke urugwiro. 5. Babarira buri wese buri kintu cyose. Ntukabike inzika. Buri gihe jya ufata iya mbere mu kwiyunga na mugenzi wawe. 6. Jya ukora ibintu utareba inyungu zawe ahubwo iza rusange. Jya ugirira abandi uko wifuza ko bakugirira. Ntugatekereze ku myenda abandi bagufitiye ahubwo jya utekereza wowe iyo ubabereyemo. 7. Jya wihangana mu bihe by’amage. Jya ugira abandi inama kandi ubahe n’ubufasha ubikoranye umutima mwiza. 8. Jya ukora ibyo ushinzwe neza ku buryo ...

UMUTUZO

AKAMARO K'UMUTUZO Umuhanga yaragize ati: “...guceceka si ubucucu, ni ugucengerwa n’ibyo uzi maze ugacira imbere ugatuza…” Abandi bakavuga ngo: “ingunguru irimo ubusa ni yo yirangira”. Ibi biratwereka neza akamaro ko gutuza ndetse no guceceka. Ni kenshi tubisabwa ariko wenda ntitubyumve. Guceceka bijyana no gutuza ni ngombwa muri ubu buzima kugira ngo tubashe kubaho mu buzima butubereye. Ese guceceka bitumariye iki? Umuntu ashobora kubyibaza, kubera ko mu kuvuga bituma tuganira na bagenzi bacu, dushobora gusaba icyo dushaka ndetse n’ibindi bitandukanye. Gusa hano icyo nshaka kuvuga ni ukumenya gutandukanya kuvuga ndetse no gusakuza. Umuntu ashobora kuvuga atuje, undi akavuga asakuza. Akamaro ko guceceka ndetse no gutuza ni uko bifasha umuntu kuruhuka neza ndetse no gutekereza bihagije ku byo yifuza gukora. Urugero: umuntu ushaka kuruhuka aryamye, ajya kure y’urusaku akitarura ibintu byose bishobora kumubangamira mu kuruhuka kwe, ni ukuvuga amajwi ayo ari ...