UMUTUZO
Kuba batubwira ngo duceceke ntabwo ari uko badushakira ikibi, ahubwo ni ikiza. Guceceka mu gihe cya ngombwa ndetse n’aho bitegetswe ni byiza kuko bitanga amahoro. Mu ngoro y’Imana tugomba guceceka kugira ngo duhure n’Imana mu isengesho. Nk’uko abanyarwanda babivuga ngo “Agaseke k’Imana ntigatwarwa n’umwasama”. Mu mashuri tugomba guceceka kugira ngo tubashe kwakira neza ibyo twigishijwe. Aho turyama tugomba kuhubaha tugaceceka cyangwa tugatuza kugira ngo tubashe kuruhuka neza nta kintu kitubangamiye. Umunyabuhanga araceceka agategereza umwanya uboneye… (Sir20,7). Umuntu ufite icyo yifuza kuzageraho kiza ategereza umwanya ukwiye wo kuvuga.
Byanditswe na Eric B Kwizera ku wa 17 mutarama 2020
Comments
Post a Comment